Rayon sports iri mu biganiro bya nyuma n'umukinnyi w'umunya Rwanda witwa Samuel Mbabazi wakiniraga Villarreal u23
Ikipe ya Rayon sports cyo kimwe n’andi makipe muri uku kwezi kwa mbere ari mu rugamba rwo gushaka abakinnyi bakomeye bazayafasha kwinjira mu gice cya kabiri cya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda, Ni muri uwo mujyo Rayon sports yerekeje amaso ku mwana w’umunya Rwanda witwa Samuel Mbabazi uheruka gutandukana n'ikipe y’abatarengeje imyaka 23 ya Villarreal yo muri Espanye.
Amakuru agera kuri Tv7rwanda.com aturuka hafi y’abari muri iyi transfer yemeza ko kuri uyu wa kabiri tariki 27 mutarama 2026 aribwo abahagarariye umukinnyi baganiriye na president wa Rayon sports Murenzi Abdallah ndetse ibiganiro byagenze neza igisigaye ari uko ikipe y’abashinzwe igura muri Rayon Sports ibiha umugisha.
Uyu mukinnyi Samuel Mbabazi w’imyaka 24 y'amavuko ukina hagati mu kibuga nka nimero 10 ndetse na 8 yatangiriye urugendo rwe rwo guconga ruhago ubwo yari muri centre de Formation Gikondo I Mburabuturo yatozwaga n'umutoza Celestin, mu 2018 yakinnye imikino ya FEASSA ari kumwe n’ikipe y’ikigo cya Groupe Scolaire Kicukiro banatwaye iki Gikombe cya FEASSA ikaba imikino yabereye I Musanze ari naho yagiriye amahirwe akomeye kuko yahise yerekeza muri leta z’unze ubumwe z’Abarabu muri shampiyona yaho y'icyiciro cya gatatu mu ikipe ya Dgardern united ayikinamo umwaka umwe w’imikino, 2019 nibwo yahuye nabari bashinzwe gushakira abakinnyi ikipe ya Villarreal bamujyana I Doha muri Quatar mu igeragezwa aranaritsinda (igeragezwa) ndetse anasinya amasezerano yarangiye mu 2024 muri kanama.
Kugeza ubu Rayon Sports yasoje imikino ibanza ya shampiyona iri ku mwanya wa 7 n'amanota 27 irifuza kwinjira mu mikino yo kwishyura ifite ikipe yubatse neza yiteguye guhanganira igikombe.