Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yatangaje ko ishyaka n’icyubahiro byagombaga kuranga abayobozi ba Leta byatakaye, nyuma ya video irimo ivangura yasakajwe kuri konti ya Perezida Donald Trump ku rubuga rwe rwa Truth Social.

Iyo video yagaragazaga Obama n’umugore we Michelle Obama bashushanyijwe nk’inguge, ibintu byarakaje Abademokarate benshi. Ibiro bya Perezida (White House) byabanje kuvuga ko ar'ibinyoma , ariko nyuma bitangaza ko byasakajwe n’umukozi umwe kandi bigahita bisibwa.

Mu kiganiro mpaka (podcast) yagiranye n’umunyamakuru Brian Tyler Cohen, Obama yavuze ko" Leta iri gukoresha imvugo y'iganjemo ubugome butigeze buboneka mbere”, ashimangira ko nubwo hari urusaku ku mbuga nkoranyambaga

, Abanyamerika benshi bagifite indangagaciro z’ubupfura, icyubahiro ndetse n'ubumwe Senateri Tim Scott Umwirabura wenyine mu Badepite b’Abarepubulikani, yavuze ko iyo video ari “ikintu kirimo ivangura rikabije kandi ko atari yarigeze aribona kuva na mbere riva muri White House”.

Trump we yavuze ko atigeze abona igice cya video cyerekana Obama n'umugore we bashushanyijwe nk’inguge, kandi ko nta kosa yakoze ryatuma asaba imbabazi.

Muri icyo kiganiro, Obama yanavuze no ku myigaragambyo irwanya ibikorwa bya Immigration and Customs Enforcement (ICE), ku ivugurura ry’ikarita y’amatora (redistricting), ndetse anavuga ku isomero rye ry’umukuru w’igihugu (presidential library) rizafungurwa mu mujyi wa Chicago umwaka utaha.